Ubuntu bw’Imana – Ev. Muhunyeri Evariste

Ubuntu bw’Imana – Ev. Muhunyeri Evariste

“Turasoma mu rwandiko rwa Abefeso,1;2

Ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese no ki Mwami wacu Yesu Kristi

 Turavuga  ijambo :”UBUNTU BW’IMANA

-Ubuntu bw’Imana nibwo bwatumye imitima yacu yemera ubutumwa bwiza

-Ubuntu bw’Imana bwaduhaye Idantite nshya ,turi abana b’Imana Yoh.1:12

-Ubuntu  bw’Imana bwatumye tuba abo turi bo none, no mubizima busanzwe turiho turahumeka Imana yacu Ishimwe cyane.

Uru rwandiko umwanditsi ni Paulo  nk’uko abyivugira (Abef.1;1)

Uru rwandiko ruri Mu nzandiko 4 zitiriwe inzandiko zo muri Gereza

Yarwanditse Ari I Roma ubwo Yari afungiye yo Ku nshuro  ya mbere hari mu mwaka wa 62 NK.

-Yandika Yari afite intego ebyiri

1-Kwita kubibazo by’imyizerere

2-Kwigisha ku mibereho ya gikirisitu.

Kubera ibibazo byabaga hagati y’Abayuda n’Abizera b’Abanyamahanga

Abereka uburyo Yesu yaje kugirango;ABUNGE ABARI AMAHARA KUBIRI ABAHINDURE KUBA UMUNTU UMWE Abef.2;13-16

Pawulo yifurije Abefeso neza ATI Ubuntu bube Kiri MWe n’amahoro nanjye ndabubifurije

Kdi akomeza ayishimira nanjye ndayishimiye

-Ubuntu bw’Imana yacu Niki?

Ni uruhururane rw’ingabire Imana iduhera muri Kristo Yesu 

Ngo bidufashe gutahura ubwiru bw’ibyo idushakaho ndetse no kubyitwararika

 Turonka imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru (Abef.1:3) Ndetse no mu by’ububu bugingo bwa none tubironka kubw’ubuntu bw’Imana (Umubwiliza 5:8)

-Umuririmbyi w’105 mu Gakiza yarabuvuze ati buratangaje nibwo bwankuyeho imigozi

-uwa 60 muza Agakiza Nawe ati :Ubuntu bw’Imana buradukwiriye atii:bunzemo

-tukabona kdi umudiakoni Filipo mugitabo cy’byakozwe n’Intumwa.6:8

Yabashishije gukora umurimo w’Imana no guhamya kubera Yari yuzuye Ubuntu bw’mana  nabandi benshi

 Dusoze dusenga dutya; Mana Data watwese Ubuntu bwawe butuzemo Mu izina ryaYesu Kristo Amen