INYIGISHO KU GITABO CYA DANIEL: Igice cya 6 (Suite)/Pastor Dominique

Uyu mwanya ndatinze ndagirango  dufatanye Ku masomo yingenzi nakuye mu iki gice  cya  gatandatu cya  Daniel

Isomo rya  1: Kuba maso  mu gihe wazamuwe:

Shitani iyo dushubijwe arafuha Daniel wari umunyagano kubona akora kungoma zose (Nebukandinezari , Berushaza , N’iya Dariyo) byariye ahantu satani bituma yinjira muri bakoranaga na Daniel abateza ishyari ariko natangaye bariya Bantu ko bari bafite umwanya mwiza Kuki bagiriye ishyari Daniel byanyigishije ko igihe cyose  utonnye kuri shoboja , igihe cyose  uzamuwe ,igihe cyose  wagize success ukwiriye kwitonda  kuko shitani aba arekereje ngo  agire  ibyo yangiza ariko Imana ituzamura itubereye maso  mu izina rya  Yesu

Isomo rya kabiri nakuyemo :

Uburangare bw’Umwami Abisi bazi  ubwenge koko nabonye ukuntu bahimbye itegeko barikubita aho  umwami nk’incuti ya Daniel asinya adatekereje atarebye kure uko Niko bijya bitugendekera ntiturebe kure mu gufata imyanzuro rimwe na rimwe ikatugiraho n’ingaruka ngaho ugujije bank upotetse Inzu utarebye neza uburyo uzishyura bikazarangira uterejwe cyamunara ,ngaho ufashe urugendo urimutse utabanje kureba kure , ngaho ufashe icyemezo icyo aricyo cyose  utitonze ngo  urebe  ibi ibintu bine

1) bibiliya ibivugaho iki?

2) inyungu irimo n’igihombo ikinshi nikihe?

3) Abantu bandusha experience bo  barabivugaho iki?

4) Imana yo irabivugaho iki? iyo utagenzuye ubwo buryo ugahubuka byanze bikunze uhura  n’ibigeragezo witeje ubwawe bitewe no kubura ubwenge

3) isomo rya  Gatatu nakuyemo Kudatentebuka Daniel nubwo yarahuye nibigeragezo yakomeje Gusenga ngo  nkuko yabigenzaga kenshi duhura nibibazo tugahita 1) duhinduka

2) duhindura

3) tubaho ukundi

Uti  sinzongera kuhaca ,sinzongera kuvuga ,sinzongera gusenga  ,sinzongera, sinza  ………nibindi ariko Daniel we ngo  ntacyahindutse yakomeje gusenga  iyaba jye ahari nari kuryama ngategereza gupfa ariko undi ntiyatentebuka akomeza haleluiaaaaaaa.

4) Isomo rya kane  nakuyemo kutiringira abantu mubyukuri uriya  mwami yakundaga Daniel bari Inshuti ari yubaha itegeko kuruta ubuzima bw’umuntu nubwo ngo  yizeraga ko ashobora gukira  jya wiringira  Imana ibihe byose

5) Isomo rya  5 ubunyangamungayo burakiza Daniel ngo  yabonekaga mu maso  y’Imana nta cyaha ntamafuti nta nigicumuro noneho no mumaso y’umwami (abantu ) naho ngo  ntabyaha yaaaaaaaaaaa Imana iduhe kwera no kubana n’abantu amahoro

6) Kwemera ubushake bw’Imana

Natangaye nta hantu  batwereka Daniel yateye imigeri yanga ko bajya kumuta murwobo niba  Wenda haricyo yari  yavuganye nayo  ko ntacyo ari bube ,niba  yari  yamaze kwiyemeza kwitahira niba  ari ukwizera kwinshi ntabwo mbizi ariko biratangaje kujya kuguta  mu rwobo utaburanye  ,utirutse cg utanavuze Imana itugabanyirize amagambo mu bigeragezo turimo

7) Ingaruka kumuryango wabagambanyi:

Usomye usanga umugore n’abana babagambanyi  nta cyaha bakoze ariko mukubatamo ngo  bashyizemo nibyabo n’ababo bene data icyaha cy’umuntu umwe kigira  ingaruka kuri benshi twirinde ibyaha ushobora  gukora icyaha ugafungwa ingaruka ziza kumuryango Ku itorero no Ku gihugu yewe no kunshuti

8) Isomo rya 8 bimwe mu bigeragezo duhura  nabyo bihesha Imana icyubahiro umwami ati ntayindi Mana  ikwiriye  uretse iya  Daniel

9) Nyuma y’ibigeragezo hari umunezero: ku ngoma ya Dariyo Daniel agubwa neza bene data nyuma y’ibibazo hari umunezero uwari kumva  kariya  kagambane akumva ririya joro mu rwobo yarangiza akabona Daniel aguwe neza ntiyari kumenya aho  byavuye ihanganire igihe urimo  ibihe birasimburana

Imana iduhe kuba indahemuka ,kwikomeza ,gushira amanga , kwera , kwizera guceceka nkukwa Daniel  izina rya  Yesu amina.

Umwigisha: Pastor Dominique